Musanze: Abagabo bane bakekwaho gutera amagerenade batawe muri yombi

Abagabo bane bakekwaho gutera amagerenade mu ntangiriro z’uyu mwaka mu Karere ka Musanze, kuri uyu wa gatatu berekanwe imbere y’abitabiriye inama y’umutekano ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, yabaye mu muhezo.
Uko ari bane bakurikiranyweho kugira uruhare mu bikorwa byahungabanyije umutekano w’akarere ka Musanze mu iterwa rya za geranadi zatwaye ubuzima bw’umuntu umwe zinakomeretsa abantu batandatu.
Muri geranadi zatewe hari iyatewe kuwa 27 Mutarama 2014 mu rugo rw’umuyobozi w’Akarere ka Musanze, Mpembyemungu Winifirida, ihitana ubuzima bw’umwana ufite umwaka n’igice warerwaga n’uyu muyobozi, ndetse n’iyatewe kuwa 06 Gashyantare 2014, inyuma gato y’ishuri rya gipolisi riherereye mu karere ka Musanze yakomerekeje abantu batandatu.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, yabwiye itangazamakuru ko abo bantu batawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano mu bihe bitandukanye.
Bosenibamwe Aime yagize ati, “ni byo koko abo bantu bakekwaho uruhare mu ihungabana ry’umutekano mu Mujyi wa Musanze batawe muri yombi n’inzego zishinzwe umutekano kandi vuba cyane barahita bashyikirizwa ubugenzacyaha”
Nubwo itangazamakuru riteretswe abo bagabo cyangwa ngo ribwirwe amazina yabo, hari amakuru avuga ko umwe muri bo ari Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Cyuve, Alfred Nsengimana.
Umuvugizi wa Polisi y’Igihugu mu Ntara y’Amajyaruguru akaba anakuriye ubugenzacyaha muri iyo ntara, Spt Hitayezu Emmanuel, nyuma y’iyi nama y’umutekano yabereye mu muhezo, yatangaje ko abo bagabo bafashwe bakekwaho uruhare mu iterwa rya za gerenadi, bagaragajwe imbere y’abitabiriye iyi nama, ariko ntiyagira amakuru menshi atangaza kuko ngo batarashyikirizwa inzego z’ubugenzacyaha za polisi.
Nyuma y’imenyekana ry’aya makuru, umukuru w’intara y’amajyaruguru arashishikariza abaturage gukomeza kugira ubufatanye n’ubuyobozi batangira ku gihe amakuru y’ikintu cyose bakeka ko cyabahungabanyiriza umutekano.

Hollywood Yibasiwe Na Film Za Gikristu Muri Uy’ Umwaka W’ 2014

Film zerekeranye na Bibiriya zizibasira Hollywood muri uy’ umwaka w’ 2014, film ya mbere izasohoka uyu mwaka ni “Son of God”, iyi film ivuga kuri Yesu irateganywa gusohoka tariki 28/2/2014.




indi film ni “Noah” yakinywe na Russell Crowe, Anthony Hopkins na Emma Watson, ikaba yerekeranye n’ inkuru ya Nowa, Ingujye 





hamwe na “Exodus” iteganyijwe gusohoka mbere ya Noheri ya 2014, abakinnyi ni Christian Bale, Joel Edgerton, Aaron Paul, Ben Kingsley, na Sigourney Weaver.
 

Musabe Dieudonne Yakoze Indirimbo Ishishikariza Abantu Kudatwarwa Na Network Yo Kuri Iyi Si

Umuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana, Musabe Dieudonne yashyize hanze indirimbo ishishikariza abantu kutarangamira cyane network ya hano ku isi ahubwo ngo bamenye kurangamira network nziza izabageza mu Bwami bw’ijuru ariyo “Isengesho”.
Uyu muhanzi umaze iminsi atigaragaza muri muzika akaba ahamya ko agarukanye imbaraga zidasanzwe, yitegereje ukuntu abantu hirya no hino batwawe n’imbuga nkoranyambaga (Twitter, facebook, n’izindi) ndetse byageza ubwo network ibura akabona babuze amahoro niko kubahimbira indirimbo yise “Network”.
Ibi kandi ngo yabitewe n’uko asanga abantu bahugira muri ibi bakibagirwa isengesho kandi ariryo ryari rikwiye gufata umwanya munini n’uruhare runini mu mibereho ya muntu.
Yagize ati: “…nyuma yo kwerekwa ibyo byose ariko naje gusanga hari network itajya iteza ibibazo uko byamera kose, nta yindi rero ni amasengesho kuko adufasha kuvugana n’umuremyi wa twese. Nkaba nshishikariza abantu nanjye ntisize kumara igihe kinini baganira n’Uwiteka kuko biroroshye.Erega iyo network ntiyishyuzwa,kandi irihuta bidasanzwe.”
Musabe akomeza avuga ko network y’isengesho ari network itajya iteza ibibazo ndetse ikaba ari network yihuta cyane bidasanzwe ikaba itanishyurwa.
Mu ndirimbo ye “Network”, mu nyikirizo, Musabe agira ati: “Njye mfite network, the real network. shaka nawe network the real network. amasengesho niyo network, amasengesho niyo network nyayo.”
Akomeza agira ati: “Iyo nshatse kuvugana n’umwami wanjye nta mpungenge ngira kuko biroroshye. Yampaye amasengesho ngo ambere network ngo tujye tuvugana igihe mukeneye.
None ndasenga,Uwiteka akanyumva, akansubiza nkaruhuka. Iyo network aho naba ndi hose ndayihorana, nzomatana nayo ibihe byose.”
Muri iyi ndirimbo ye, Musabe hari aho agera akanavuga mu rurimi rw’igiswahili akomeza gushishikariza abantu gusenga agira ati: “Wewe omba tu, uwone network ya kweli (mmhh ya kweli), Kama una omba unaweza cocote. Tuna prevelege ya kuongeya na mungu. Ndiyo maana hatuwezi kumu aca. It’s really network naseema ni maombi.Usikonde,usikate maama tuna ushindi.”
Iyi ndirimbo “Network” yatunganyijwe na Producer Fazzo. Indirimbo ya nyuma Musabe yaherukaga gukora ni iyitwa “Ndamufite” yakoranye na Dominic Nic na Rachelle. Indirimbo ya Musabe Dieudonne yamenyekanye cyane ni iyitwa “Duhindure isi” yakoranye n’abahanzi banyuranye baririmba indirimbo zihimbaza Imana barimo Jimmy Claude, ASA, Jimmy Muriho, Serge Iyamuremye, Eddy Mico, Laurent, Rene Patrick, Fazzo, Bright Mugabe na Dorcus asiimwe (Blessed Sisters).

“Ntamuhanzi Muribi Bihugu Mbona Wumuhanga Nakunda” Olili



Olili aganira n’ umunyamakuru wacu, yatagaje ko uyu mwaka ushize ko ntacyo awuntengaho cyane kuko indirimbo afite yazikoze muri 2012, kuko ati indirimbo ze ‘Ndakumbura’ na  ‘Uri uwambere’ zigikunzwe cyane haba hano mu Rwanda n’ I Burundi. Akaba ashaka no kwagura umuziki we no mubindi bihugu nka Kenya na Tanzania. Doreko afite igitaramo I Bujumbura kucyumweru, kandi uy’ umwaka ngo azakora cyane aruko akora Audio na Video nyinshi.
“Nguharanira gukora music ikarenga u Rwanda, Music itarimo itiku” niyo ntego ya Olili.
Icyamuteye guhera I Burundi yagura umuziki we?
“I Burundi ndahakunda, Impamvu I Burundi n’ igihugu nakuriyemo, then music yanjye ikunzwe yo cyane mfiteyo na fans benshi” akomeza agira ati: “so njyewe ntamuhanzi muribi bihugu mbona wumuhanga nakunda be cause ntamuhanzi numwe urakundwa kurwego rwakarere so niyomamvu ntamuhanzi nafata nkumuhanga kurijye”